Moà¯se Katumbi, umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta iriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko mu kwezi gutaha azasubira muri iki gihugu mu bikorwa byo kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu.
Abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, Katumbi yavuze ko kuba yasubira mu gihugu cye cy’amavuko ari uburenganzira bwe, ndetse ko nta n’ubwoba bimuteye.
Ati “ Nziyamamariza mu gihugu kuko ni uburenganzira bwanjye, ntacyo gutinya, hagati ya 24 Nyakanga na 8 Kanama nzaba ndi i Kinshasa muri ibyo bikorwa,…”.
Katumbi umaze imyaka ibiri adakandagiza ikirenge ku butaka bwa Congo, yatangaje ibi nyuma y’ikibazo uwitwa Mwamba Shad yari amubajije kuri Twitter, agira ati “mwari mwarasezeranyije abaturage ko muzinjira mu gihugu mu kwezi kwa Kamena ariko Kabila wahoze ari inshuti yawe akomeza kubikwangira, none ni gute muziyandikisha mukaniyamamaza muri mu buhungiro”.
Katumbi amaze imyaka ibiri mu buhunzi, kuwa 19 Gicurasi 2016 nibwo yarezwe bwa mbere mu butabera icyaha cyo gushaka abacanshuro b’abanyamahanga ngo yashakaga kwifashisha mu guhungabanya umutekano w’igihugu n’ibindi byaha. Ku ruhande rwe akabihakana avuga ko abigerekwaho ku mpamvu za politiki.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya


