Bintou Keita mu kiganiro n'abanyamakuru i Goma

MONUSCO irasaba M23 gusubira muri Sabyinyo byihuse kandi nta mananiza

Sangiza iyi nkuru

Misiyo y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, MONUSCO, yasabye abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 guhagarika imirwano no gusubira mu birindiro bahozemo mu gice cya Sabyinyo, hatajemo amananiza no gukererwa.

Ubu busabe bwatanzwe n’umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita, kuri uyu wa 4 Werurwe 2023 ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru bari mu mujyi wa Goma.

Bintou yashimye uruhare umuhuza w’umuryango wa Afurika yunze ubumwe akaba na Perezida wa Angola, João Lourenço, yagize kugira ngo abarwanyi ba M23 bemere guhagarika imirwano no gutangira gusubira inyuma guhera tariki ya 7 Werurwe.

Ashingiye ku isezerano M23 yahaye Perezida Lourenço n’imyanzuro yafatiwe mu nama yabereye i Luanda muri Angola tariki ya 23 Ugushyingo 2022, Bintou yagize ati: “Ndasaba uyu mutwe w’inyeshyamba kubahiriza nta mananiza cyangwa gukererwa imyanzuro y’i Luanda yo ku wa 23 Ugushyingo, iwusaba kuva mu bice wafashe, guhagarika imirwano, gusubizwa mu buzima busanzwe kw’abarwanyi bayo no gusubira ku kirunga cya Sabyinyo.”

Bintou yasabye ko kandi guhera tariki ya 7 Werurwe, hazabaho kugenzura cyane niba ihagarikwa ry’imirwano rizaba riri kubahirizwa, agaragaza impungenge z’uko mbere, uyu mwanzuro utigeze wubahirizwa.

Yatangaje ko muri ibi bihe, MONUSCO ishyigikiye ingabo za RDC, ngo bitandukanye n’ibivugwa na bamwe. Ati: “Mu bitero kuri M23, FARDC yakiriye ubufasha buhoraho bw’ingabo za MONUSCO. Mbivuze nshingiye ku makuru menshi y’ibinyoma avuga ko ntacyo MONUSCO ikora.”

Mu gihe M23 yemeye guhagarika imirwano no gusubira inyuma guhera tariki ya 7 Werurwe, kuri uyu wa 4 Werurwe Umuvugizi wayo ku rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko guhera mu ijoro ry’umunsi wabanje, ihuriro ry’ingabo za RDC n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR n’abacancuro, ryagabye ibitero mu bice bagenzura bya Kingi, Neero no mu nkengero, ryica abasivili barenga 10.

Bintou Keita mu kiganiro n'abanyamakuru i Goma
Bintou Keita mu kiganiro n’abanyamakuru i Goma

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *