Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe Kubungabunga Amahoro muri DRC (MONUSCO) bwishimiye ishyirwaho umukono ku Itangazo ry’Amahame hagati ya Guverinoma ya Congo n’ihuriro AFC / M23, ryashyizweho umukono kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 19 Nyakanga 2025.
Nk’uko MONUSCO ibivuga, aya masezerano agaragaza intambwe y’ingenzi iganisha ku mahoro arambye mu burasirazuba bw’igihugu.
Ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwaboneyeho gusaba impande zose kubahiriza ibyo ziyemeje, gukora nta buryarya, no gushyira imbere uburenganzira bwa muntu, umutekano, n’ibyifuzo by’abaturage ba Congo.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatandatu nimugoroba, Bruno Lemarquis, Intumwa yihariye yungirije y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye akaba n’Umuyobozi w’agateganyo wa MONUSCO, yatangaje ko iri tangazo ryerekana ubushake bw’impande zombi bwo gukoresha inzira z’amahoro, mu gushyiraho agahenge, no gushyiraho uburyo buhuriweho bwo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano.
MONUSCO ivuga ko ikomeje gukangurira byimazeyo gushyigikira amahoro, ubwiyunge, no guharanira umutekano muri DRC, ku bufatanye n’ubuyobozi bw’igihugu ndetse n’abafatanyabikorwa bo mu karere ndetse n’amahanga, hakurikijwe inshingano zayo.


