Misiyo y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), MONUSCO, yagaragaje akababaro yatewe n’iyirukanwa ry’Umuvugizi wayo ku butaka bw’iki gihugu.
Kuri uyu wa 3 Kanama 2022, hamenyekanye amakuru y’uko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa RDC, Christophe Lutundula, tariki ya 28 Nyakanga yandikiye uyu Muvugizi, Mathias Gillman, amumenyesha ko agomba kuva muri iki gihugu.
Minisitiri Lutundula mu bisobanuro yatanze, yavuze ko amagambo Gillmann aherutse gutangaza ari yo yakuruye imyigaragambyo abaturage bakoze bamagana MONUSCO, bayisaba ko iva ku butaka bwayo, agaragaza ko abona ko uyu Muvugizi nta ruhare ari kugira mu guharanira gukomera k’umubano w’impande zombi.
MONUSCO mu itangazo yageneye abanyamakuru, yatangaje ko yababajwe n’iyirukanwa rya Gillmann. Iti: “MONUSCO ibabajwe no kwirukanwa k’Umuvugizi wayo kwakozwe na guverinoma ya Congo. Yamenye kandi ibabajwe cyane n’icyemezo cya guverinoma ya RDC cyo kwirukana umwe mu bagize ubuyobozi bwayo cy’uko ava mu gihugu.”
Iyi misiyo ariko yavuze ko n’ubwo bimeze bitya, izakomeza ubufatanye bwayo na guverinoma ya RDC muri gahunda yayo yo kugarura amahoro n’umutekano. Iti: “Misiyo yiteguye gukomeza gukorana n’Abanyekongo n’ubuyobozi mu gushyira mu bikorwa inshingano yahawe n’Akanama gashinzwe umutekano.”
Amagambo ya Gillmann yabaye intandaro y’imyigaragambyo yayavugiye mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Kinshasa tariki ya 13 Nyakanga 2022. Yasobanuye ko mu gihe MONUSCO imaze muri RDC yageze kuri byinshi yifatanyije na Leta, ariko ibyo itagezeho idakwiye kubinengerwa yonyine kandi ikorana n’inzego z’iki gihugu.
Gillmann yabwiye abanyamakuru kandi ko ingabo za RDC ari zo zigomba gufata iya mbere zikajya gukura abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa Bunagana, yerekana ko iki kibazo kitareba cyane MONUSCO.
Nyuma y’iki kiganiro cyari cyitabiriwe n’abandi bo mu nzego zitandukanye za MONUSCO, Perezida wa sena ya RDC, Bahati Lukwebo yatangaje ko iyi misiyo ikwiye kuva ku butaka bwa RDC. Ubu butumwa ni bwo bufatwa nk’ubwakuruye iyi myigaragambyo.


