Misiyo y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), yongeye gushinja umutwe witwaje intwaro wa M23 kurasa ibisasu ku birindiro by’ingabo zayo bya Shangi muri teritwari ya Rutshuru.
Ubutumwa yatangarije kuri Twitter kuri uyu wa 19 Kamena 2022 ko ibisasu byarashwe kuri ibi birindiro ari bitandatu biraswa n’imbunda ya Mortier/Mortar.
Igira iti: “Igitero ku birindiro bya MINUSCO. Byibuze ibisasu 6 bya mortiers byarashwe ku birindiro bya Shangi (Kivu y’Amajyaruguru) uyu munsi. Intumwa yihariye Bintou Keita yamaganye ibitero bishya bya M23.”
MONUSCO yakomeje ivuga ko irakomeza ikore ibishoboka, irinde abasivili kandi ihe ubufasha abavuye mu byabo, mu gihe inategereje ibiva mu nama ihuriza abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EAC, i Nairobi kuri uyu wa 20 Kamena 2022.
Yagaragaje kandi ko ishyigikiye gahunda za Leta ya RDC n’akarere mu guharanira kugera mu mahoro n’umutekano muri iki gihugu, by’umwihariko imishyikirano ibera i Nairobi.
Tariki ya 8 Kamena 2022 na bwo MONUSCO yashinje M23 kugaba igitero kuri ibi birindiro, gusa uyu mutwe witwaje intwaro utera utwatsi ibi birego.


