Intagondwa z’Abayislamu muri Mozambike zongeye kubura ibitero mu majyaruguru y’igihugu mu Ntara ya Cabo Delgado, aho byongereye ku mubare w’abaturage bavanwe mu byabo abagera ku 80,000.
Ibi bitero bikaba bije gukoma mu nkokora ibyatangazwaga na leta ko yaciye intege intagondwa z’abayisilamu zigeze kwigarurira iyi ntara hafi ya yose muri za 2017.
Ibitero bishyashya muri iyi ntara byatangiye gufata intera mu kwezi kwa gatandatu, byaje bikurikira igihe cyaranzwe n’umutekano ugereranyije igihe umukuru w’igipolisi yatangazaga ko urugamba rwo kurwanya iterabwoba rusa nk’urwarangiye.
Ibi ariko bisa nk’aho atari ko bimeze kuri ubu nk’uko iyi nkuru dukesha Ijwi rya Amerika ivuga, kuko izi ntagondwa zivugwaho kugaba ibindi bitero mu bice noneho bishyira amajyepfo kurusha mbere.
Zishe abasivili, zitwika amazu mu bice bya Ancuabe, Chiure na Mecufi, uturere tutari twaragezemo intambara kuva mu mwaka wa 2017.
Ibitero bya nyuma bikaba byatumye umubare w’abavanwe mu byabo muri rusange mu Ntara ya Cabo Delgado ugera ku 950,000.
Nubwo rero Mozambique yabonye ubufasha bw’ingabo za SADC ndetse n’ingabo z’u Rwanda, rwanamaze no kuhohereza umuyobozi mushya w’ingabo zoherejweyo, urugamba ntirurarangira.


