Mu Bwongereza: Abakingiriwe Covid-19 mu Rwanda ntibazongera gufatwa nk’abatarakingiwe

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma y’u Bwongereza yafashe icyemezo cyo kongera u Rwanda ku rutonde rw’ibihugu inkingo za Covid-19 zatangiwemo zizajya zihabwa agaciro mu gihe baba bagezeyo.

Inkingo zemewe mu Bwongereza ni enye: Pfizer BioNTech, Oxford/AstraZeneca, Moderna na Janssen.

Iki gihugu mu minsi ishize cyari giherutse gutangaza ko abagenzi baturutse ku mugabane wa Afurika, muri Amerika y’Amajyepfo no mu bihugu byugarijwe na Covid-19 bazajya bafatwa nk’abatarikingije iki cyorezo, n’ubwo baba baramaze gufata doze zose zisabwa.

Abaturutse muri ibi bihugu barakingiwe bashyiriweho amabwiriza arimo kujya mu kato muri hoteli umuntu yiyishyurira ku giti cye mu minsi 10 mbere y’uko ajya mu bandi, akanishyura ibipimo byibuze bibiri bya Covid-19.

Ni icyemezo cyakuruye impaka, gituma ikigo cya Afurika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara, Africa CDC, gisohora itangazo risa n’iricyamagana, kinasaba ko habaho ibiganiro hagati yacyo na Guverinoma y’u Bwongereza.

Kuri ubu biragaragara ko bimwe mu bihugu bya Afurika byashyizwe mu byo inkingo zahawe ababituye n’ababikoreramo zizajya zihabwa agaciro, abagenzi bajya mu Bwongereza ntibashyirirweho amabwiriza y’abatarikingije.

Ibi bihugu birimo: u Rwanda, Tanzania, Uganda, Sierra Leone, Angola, Botswana, Djibouti, Eswatini, Lesotho, Seychelles na Tunisia.

U Rwanda n’ibi bihugu bindi bizongerwa kuri uru rutonde tariki ya 1 Ugushyingo 2021, saa kumi z’igitondo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *