Abakora irondo ry’umwuga mu murenge wa Shyogwe, akarere ka Muhanga barasaba inzego z’umutekano kubafasha no kubaba hafi mu kazi kabo bakora , cyane cyane bagasaba ubufasha bw’ibikoresho byifashishwa muri ako kazi kuko ibisambo baba bahanganye nabyo biba byitwaje imihoro mu gihe bo baba bafite inkoni gusa nk’igikoresho cy’akazi.
Ibi babigaragarije izi nzego mu nama y’umutekano yahuje abatuye umurenge wa Shyogwe ku wa 12 Nyakanga 2018, nyuma y’uko abantu bitwaje imihoro bamaze iminsi batera muri aka gace bakiba abaturage, bakanasiga babakomerekeje.
Macumi Claude ukuriye irondo ryo mu mudugdu wa Kabeza mu kagari ka Ruri ,avuga ko mu mbogamizi bahura nazo mu kazi kabo ari uko bagakora badafite ibikoresho bihwanye n’umurimo bakora.
Yagize ati« twebwe abanyerondo tuba twitwaje inkoni, ibisambo tuba duhanganye byo bifite imihoro n’ amashoka ibaze nawe ukuntu inkoni yahangana n’umuhoro, baba bafite ibitoroshi binini byaka cyane kurusha ayacu , turasaba Ingabo na Polisi kudufasha bakadushakira ibikoresho natwe byatuma duhangana nabo”.
Nkurikiyimana Gaspard, agira ati “Ingabo na Polisi basanzwe babikora bacunga umutekano mu ijoro ariko turifuza ko igihe abanyerondo bari mu kazi bacunga umutekano na za nkoni zabo , nabo babe bari hafi yabo na za ntwaro zabo baba bafite , nibura igihe bagize ikibazo babe babatabara , naho ubundi inkoni ntabwo zahangana n’ibisambo byitwaje imihoro».
Col. Joseph umuyobozi w’Ingabo mu turere twa Kamonyi , Muhanga ,Ruhango na Nyanza, avuga ko iki kibazo cy’ibisambo byibasiye uyu murenge bafatanije n’abaturage bazakirangiza vuba.
Yagize ati “bayobozi b’imidugudu namwe mukora amarondo ntihagire ubatera ubwoba, amarondo turakorana nayo, iyo mihoro bayisubize ku ruganda ijye gukorwamo ibindi, umenye amakuru naduhamagare atubwire ,ugize ikibazo nawe aduhamagare dutabare ariko ikibazo cy’ibisambo turakirangiza vuba ntabwo twakwihanganira ko abaturage bacu bagomba kurara badasinziriye kubera ibisambo ».
Ibindi bibazo aba bakora irondo bavuze ko bagihura nabyo mu kazi kabo, harimo kuba nta mwambaro bagira ubaranga, wabatandukanya n’abandi baturage basanzwe, kudahemberwa igihe, n’ubumenyi buke bujyanye n’akazi bakora. Ubuyobozi bukabizeza ko bugiye kubakemurira ibi bibazo byose.

Uwambayinema M.Jeanne / Bwiza.com


