ingoro_y_ubutabera_y_urukiko_rwisumbuye_rwa_muhanga

Muhanga: Umunyamategeko akurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka 15

Sangiza iyi nkuru

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bukurikiranye umwunganizi mu mategeko (Avoka) w’imyaka 74 y’amavuko ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka cumi n’itanu (15).

Uregwa akurikiranweho kuba mu bihe bitandukanye yaragiye asambanya uyu mwana, amushukishije amafaranga yamuhaga uko bahuraga nk’uko iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga.

Mu kwiregura, mu Bugenzacyaha no mu Bushinjacyaha, uregwa yahakanye iki cyaha avuga ko ntacyo yigeze akora; ariko yemera ko yafataga uyu mwana nk’inshuti ye kandi ko yari n’inshuti y’umuryango w’uyu mwana.

Ubushinjacyaha bwareze uyu munyamategeko mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye busaba ko aba afunzwe by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30.

Ku itariki ya 15 Nyakanga 2025, Urukiko rwafashe icyemezo cy’uko uyu mugabo aba afunzwe by’agateganyo igihe cy’iminsi mirongo itatu (30) mu gihe iperereza rigikomeje.

Icyaha uregwa akurikiranweho giteganywa n’ingingo ya 14 y’Itegeko no 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *