Muri uyu mwaka u Rwanda na Uganda bimaze kwakira Abanyekongo nibura 10,000 – HCR

Sangiza iyi nkuru

Nibura abantu 10 000 bamaze guhungira mu Rwanda na Uganda bava mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) mu gihe imirwano hagati y’inyeshyamba za M23 n’ingabo za guverinoma za leta (FARDC) ikomeje kongera ibibazo by’ubutabazi muri karere .

Ni imirwano ikomeje nubwo kuwa kabiri hari hatangajwe ihagarikwa ry’imirwano ryari ryagizwemo uruhare na Perezida wa Angola, João Lourenço.

Ku wa Gatanu, i Geneve, mu kiganiro n’abanyamakuru, umuvugizi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Impunzi (UNHCR), Matthew Saltmarsh, yatangaje ko kuva muri Mutarama, u Rwanda na Uganda byabonye kwiyongera kw’impunzi ziva muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ati: “Kuva muri Mutarama, abantu barenga 5 500 bambutse umupaka berekeza mu Rwanda, abandi 5 300 binjira muri Uganda mu gihe umutekano muke n’ihohoterwa bikomeje kwibasira uturere bihana imbibi.”

Ikibazo cyo mu burasirazuba bwa DRC cyerekana ikibazo kinini cyo kuvanwa mu byabo kw’abaturage imbere mu gihugu gukabije muri Afurika. Hari abantu bagera kuri miliyoni 5.8 bavanwe mu byabo mu gihugu, kandi ibigo bishinzwe gutanga imfashanyo ntibifite amikoro ahagije yo gufasha benshi mu bahuye n’ibibazo.

Saltmarsh yagize ati: “Mu 2023, UNHCR irasaba miliyoni 232.6 z’amadolari ya Amerika yo gufasha abakuwe mu byabo n’impunzi ziri muri DRC. Kugeza uyu munsi, ibikorwa byo muri DRC bimaze guterwa inkunga ya 8% gusa”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *