Mushikiwabo yashimye uko ikipe y’u Bufaransa yitwaye mu gikombe cy’Isi

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga Mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, Louise Mushikiwabo, yashimye uko ikipe y’u Bufaransa yitwaye mu irushanwa ry’igikombe cy’Isi ryaberaga muri Qatar kuva mu kwezi gushize.

Ni nyuma y’aho iyi kipe itsindiwe ku mukino wa nyuma wabaye kuri uyu wa 18 Ukuboza 2022, hitabajwe penaliti.

Iminota 90 y’umukino yarangiye amakipe yombi anganya ibitego bibiri, umusifuzo yongeraho iminota 30 ya ‘extra-time/prolongation’, irangira anganya ibitego bibiri.

Mu gihe cya penaliti, Argentina ifite umuzamu w’umuhanga mu kuzikuramo, Emiliano Martinez, yatsinze enye kuri 2 z’u Bufaransa bwahushije ebyiri.

Mushikiwabo ufite ibiro i Paris mu Bufaransa, yashimye imikinire y’iyi kipe y’igihugu kibarizwa mu muryango ayobora mu irushanwa ryose, anashimira Argentine yegukanye igikombe.

Mu butumwa bwe bwo mu rurimi rw’Ikinyarwanda, Mushikiwabo yagize ati: “Abachou bacu se mwiriwe! Hano Doha rero twagize émotions nyinshi z’ubwoko bwose!! Ubuhanga ariko ku mpande zombi! Bien sûr félicitations zidasubirwaho zirajya kuri #Argentine ariko les #Bleus ba #France bakinnye neza muri iri rushanwa ryose peee, nabo tubahaye bravo!”

Mu mateka y’igikombe cy’Isi, ikipe y’u Bufaransa yatwaye bibiri birimo icyo iherutse mu 2018. Iya Argentina yo ibite bitatu birimo icyo yaraye yegukanye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *