Mvukiyehe aremeza ko ‘football’ y’u Rwanda yapfuye kubera abantu batinya kwiteranya

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Kiyovu Sports Company, Mvukiyehe Juvénal, aremeza ko umupira w’amaguru wo mu Rwanda wapfuye kubera abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru, FERWAFA, batinya kwiteranya.

Mvukiyehe yatangarije aya magambo mu kiganiro yagiriye kuri ‘space’ ya Twitter yateguwe na Visi Perezida wa kabiri wa Etincelles FC, Me Safari Kizito, ku mugoroba w’uyu wa 22 Mata 2023.

Uyu muyobozi usanzwe ari n’umushoramari, yatangaje ko umupira w’amaguru ari ikirombe cyatanga inyungu nyinshi cyane mu gihe cyaba gifashwe neza, ariko uwo mu Rwanda wo ngo wamaze gupfa, kandi ngo nta n’umunyamuryango wa FERWAFA ushobora kugaragaza aho ikibazo kiri. Ati: “Turi abanyamuryango ba baringa, umupira wo mu Rwanda warapfuye.”

Aremeza ko impamvu abanyamuryango batinya kuvuga aho ikibazo kiri, ari uko hari ababamerera nabi mu gihe bahavuze. Ati: “Twese turi abanyarwanda twanga gutanga igitekerezo ngo tutiteranya. Biba habayeho lobbying. Utanze ibitekerezo bitandukanye nuko babishaka bakumerere nabi. Tujya mu Nteko Rusange tudashaka kwiteranya.”

Mvukiyehe we aremeza ko adashobora gutinya kuvuga ukuri, ariko na we mu rwego rwo kwirinda kugira abo ashwana na bo, ngo mu nama z’abanyamuryango ba FERWAFA, yoherezayo abamuhagararira.

Iki kiganiro kibayeho nyuma y’aho abayobozi batandukanye muri FERWAFA barimo Perezida wayo n’Umunyamabanga Mukuru wayo, beguye umusubirizo ku mpamvu zabo bwite, nk’uko babisobanuye mu mabaruwa yabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *