Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 27 Mutarama 2024, ba Minisitiri b’ingabo b’ibihugu bigize Ingabo z’akarere zihora ziteguye gutabara aho bibaye ngombwa EASF) bahuriye mu nama i Nairobi, muri Kenya yanabereyemo umuhango w’ihererekanyabubasha hagati ya Kenya n’u Rwanda rugiye kuyobora EASF.

Ibihugu bigize uyu muryango byitabiriye inama harimo u Burundi, Djibouti, Ethiopia, Kenya, u Rwanda, Seychelles, Somalia, Sudani na Uganda usibye Comoros itashoboye kwitabira iyo nama. Mu bari bitabiriye iyo nama kandi harimo Col Jens Gynther Lindvig-Attaché militaire wa Ambasade ya Danemark akaba n’umuyobozi w’Inshuti za EASF.

Inama y’abaminisitiri yabanjirijwe n’inama y’abayobozi b’ingabo n’abakozi yateranye kuva ku itariki ya 25-26 Mutarama 2024 nayo yabanjirijwe n’iy’itsinda ry’impuguke za EASF yabaye kuva ku itariki ya 22-24 Mutarama 2024. Ibiganiro muri izo nama byibanze ahanini ku byibanze ku bibazo by’umutekano mu karere.

Inama y’abaminisitiri yashojwe n’umuhango wo guhererekanya ububasha ku buyobozi bwa EASF aho u Rwanda rugiye gukorera Kenya mu ngata nkuko tubikesha urubuga rwa minisiteri y’ingabo.


