screenshot_20230306-090820_1.png.jpg

Nari nabwiye Liverpool gutsinda Man United, gusa sinari nayitegetse kuyikorera ubwicanyi _Perezida Geingob

Sangiza iyi nkuru

Perezida Hage Gueingob wa Namibia ari mu bakozwe ku mutima n’intsinzi y’amateka Liverpool yaraye ikuye kuri mukeba wayo Manchester United, nyuma yo kuyinyagira ibitego 7-0.

Perezida Geingob abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, yavuze ko ibyo Liverpool yihebeye yakoreye Manchester United ari ubwicanyi.

Ati: “Nari nababwiye (Liverpool) gutsinda, ariko sinari nabahaye amabwiriza yo gukorera ubwicanyi Manchester United. Ntuzigera ugenda wenyine. Hejuru cyane The Reds.”

Ubu si ubwa mbere Perezida Hage Geingob agaragaza ko yihebeye Liverpool kuko na tariki 25 Ukwakwira 2021 ubwo Liverpool yanyagiraga Manchester United ku cyibuga cyayo cya Old Trafford, yatangaje amagambo adatandukanye n’aya.

Icyo gihe yagereranyije ibitego 5 Liverpool yatsinze n’impamvu 5 Liverpool itazigera igenda yonyine, ndetse anashimira bikomeye abakinnyi ba Liverpool by’umwihariko Umunya-Misiri Mohamed Salah wari watsinze ibitego 3 byose agatanga ibyishimo mu murwa mukuru wa Namibia, Windhoek.

Intsinzi y’amateka Liverpool yabonye mu ijoro ryakeye yatumye Manchester United yandika amateka mabi yo gutsindwa bwa mbere umurengera w’ibitego 7-0 muri shampiyona y’Abongereza.

Ni ku nshuro ya kane kandi Manchester United yari inyagiwe ibitego nk’ibi nyuma yo kubikorerwa na Blackburn Rovers muri Mata 1926, Aston Villa mu Ukuboza 1930 ndetse na Huddersfield Town yabiyinyagiye nyuma y’umwaka wakurikiyeho.

Cody Gakpo, Darwin Nuñez na Mohamed Salah wahise aca agahigo k’uwatsindiye Liverpool ibitego byinshi muri Premier League buri umwe yatsinze ibitego bibiri; mbere y’uko umunya-BrĂ©sil Roberto Firmino Barbosa atsinda agashinguracumu nyuma yo kwinjira mu kibuga asimbuye.

screenshot_20230306-090820_1.png.jpg
Ubutumwa Perezida Hague Geingob yanyujije ku rukuta rwe rwa Twitter

imago1025233093h-2.jpg
Liverpool yandagaje mucyeba wayo Manchester United

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *