Ikigo cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gishinzwe kurwanya no gukumira indwara, Africa CDC, cyasohoye itangazo ryamagana ingamba nshya za Guverinoma y’u Bwongereza zijyanye n’icyorezo cya Covid-19.
Izi ngamba zirimo izivuga ko guhera tariki ya 4 Ukwakira 2021 abarimo abaturuka ku mugabane wa Afurika mu gihe bageze mu Bwongereza, n’ubwo baba barakingiwe mu buryo bwuzuye, bazajya bafatwa nk’abatarakingiwe; bakurikize amabwiriza yashyiriweho abatarakingiwe.
Amabwiriza yashyiriweho abatarakingiwe arimo kujya mu kato muri hoteli mu gihe cy’iminsi 10 no kwisuzumisha iki cyorezo byibuze inshuro ebyiri; iki kigo gihamya ko kuyubahiriza bizasaba abagenzi kwishyura amafaranga menshi.
Africa CDC yagize ati: “Ingamba nshya zizavangura abahawe urukingo rwa Covid-19 hadashingiwe ku bwoko bw’urukingo, ahubwo hashingiwe ku hantu barufatiye. Kuba abagenzi bazafatwa nk’abatarakingiwe bizashingirwa ku ho bakingiriwe harimo mu bihugu bigize AU.”
Iki kigo gikomeza kivuga ko izi ngamba z’u Bwongereza zizanakora ku bakiriwe inkingo za Covid-19 binyuze muri gahunda ya COVAX igamije kuzigeza mu bihugu bidafite ubushobozi bwo kuzigurira, kiti: “[Gahunda] u Bwongereza buri mu bihugu bishyigikiye cyane ku nkunga y’Amadolari ya Amerika miliyoni 700 n’inkingo miliyoni 80 bwemeye kwitanga muri iyi gahunda.”
Kibona ko izi ngamba z’u Bwongereza zizatuma habaho gushidikanya ku buziranenge bw’izi nkingo, abaturage batangire kuzitakariza icyizere. Iti: “Turabona cyane ko politiki n’ingamba nk’izi zituma habaho ugushidikanya ku nkingo muri Afurika, icyizere mu baturage kikaba gike.”
Africa CDC ishingiye kuri izi mpamvu n’ibisobanuro, yasabye u Bwongereza kwisubira, bukakira abakingiriwe muri Afurika nk’abakingiwe. Yanabusabye kandi kugirana ibiganiro birebana n’nkingo bwemeye guha umugabane wa Afurika.


