Leta Zunze Ubumwe za Amerika zategetse kwimura igice cy’abakozi bazo muri Ambasade yazo muri Niger nyuma y’ihirika ry’ubutegetsi ryo mu cyumweru gishize.
Abanyamahanga magana bamaze kwimurwa bava muri iki gihugu, kandi ku Cyumweru Ambasade y’u Bufaransa yibasiwe n’abigaragambyaga.
Uwayoboye ihirika ry’ubutegetsi, Gen Abdourahamane Tchiani, yihanangirije “kwivanga kose mu bibazo by’imbere by’igihugu”.
Niger ikungahaye cyane ku butare bwa uranium kandi yishingikiriza inzira zerekeza muri Afrika y’amajyaruguru no kuri Mediterane mu bucuruzi bwayo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Antony Blinken, yaganiriye na Perezida wahiritswe, Mohamed Bazoum, ku wa Gatatu, nk’uko Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yabitangaje yongeraho ko Amerika yiyemeje kugarura guverinoma yatowe mu nzira ya demokarasi muri Niger.
Umuvugizi Matthew Miller yavuze ko, nubwo haba kwimurwa igice, ambasade y’igihugu mu murwa mukuru Niamey izakomeza gufungura.


