Umuyobozi w’abahiritse ubutegetsi muri Niger yatangaje inzibacyuho y’imyaka itatu mu gihe ECOWAS yitegura kubagabaho ibitero, aho yatangaje ngo “intego yacu ntabwo ari iyo gufatira ubutegetsi,” aboneraho no kuburira uyu muryango witegura kohereza ingabo mu gihugu cye.
Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, itariki 19 Kanama, mu gihe intumwa za ECOWAS zari mu biganiro bitegura iyoherezwa ry’ingabo zigomba gusubizaho ubutegetsi bwa Bazoum ku ngufu.
Kuri uyu wa Gatandatu rero, Gen. Abdourahmane Tchiani, wayoboye ihirika ry’ubutegetsi bwa Perezida Mohamed Bazoum, yavuze ko inzibacyuho itazarenza imyaka itatu kandi aburira ibihugu bishaka kohereza ingabo muri Niger abibwira ko bitabyorohera na gato.
Mu magambo yavugiye mu kiganiro kuri televiziyo, Tchiani yagize ati: “Intego yacu si ugufatira ubutegetsi,” yongeyeho ati: “Niba hari igitero kigiye kutugabwaho, ntabwo bizaba ari nko gutembera muri parike abantu bamwe basa naho batekereza.”
Intumwa za ECOWAS zasuye perezida wavanweho
Ijambo rya Tchiani rije mu gihe intumwa z’umuryango w’ubukungu w’ibihugu by’Afurika y’iburengerazuba (ECOWAS) zahuye nawe n’ubundi ku wa Gatandatu, mu rwego rwo gushaka amahoro aho gukoresha ingufu za gisirikare muri Niger.
Izi ntumwa ziyobowe n’uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Abdulsalami Abubakar, zageze mu murwa mukuru nyuma ya saa sita.
Nk’uko umuvugizi wa perezida wa Nigeria abitangaza ngo iryo tsinda ryasuye Perezida Mohamed Bazoum wakuwe ku butegetsi ubu akaba agifungiwe mu murwa mukuru Niamey.


