Niger yemereye Burkina Faso na Mali kohereza ingabo ku butaka bwayo mu gihe yaba itewe

Sangiza iyi nkuru

Igihugu cya Niger cyahaye uburenganzira ingabo za Mali na Burkina Faso bwo gutabara ku butaka bwacyo mu gihe ingabo za ECOWAS zaba zihagabye igitero, nk’uko ibi bihugu byabitangaje mu itangazo ryabyo rihuriweho kuri uyu wa Kane, ikimenyetso kigaragaza ko abahiritse ubutegetsi badateganya gusubira inyuma imbere y’igitutu cy’umuryango w’akarere.

Umuryango w’Ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’iburengerazuba, ECOWAS, wagerageje gushyikirana n’abahiritse ubutegetsi bwa Perezida Mohamed Bazoum ariko uburira ko witeguye kohereza ingabo muri Niger kugira ngo hasubizweho ubutegetsi bugendera ku itegeko nshinga mu gihe inzira za diplomasi zananirana.

Mu gihe intambara yaramuka irose rero ishobora guhungabanya umutekano mu karere kabarizwamo n’intagondwa, kandi ibihugu bya Mali na Burkina Faso, nabyo biheruka kubamo ihirika ry’ubutegetsi rya gisirikare, bikaba byaramaze kwemeza ko bizafasha Niger mu ntambara na ECOWAS.

Kuri uyu wa Kane ushize, abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibi bihugu bitatu bavuze ko bahuriye mu murwa mukuru wa Niger, Niamey, kugira ngo baganire ku kuzamura ubufatanye mu mutekano ndetse no mu zindi nzego nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ikomeza ivuga.

Itangazo rivuga ko abaminisitiri bishimiye isinywa ry’amateka abiri yashyizweho umukono n’uwayoboye ihirikwa ry’ubutegetsi muri Niger, Gen. Abdourahamane Tiani, “yemerera ingabo za Burkina Faso na Mali gutabara ku butaka bwa Niger mu gihe hagabwa igitero.”

Itangazo rigira riti: “Abaminisitiri ba Burkinafaso na Mali … bongeye kwamagana ubutabazi bwitwaje intwaro ku baturage ba Niger buzafatwa nk’itangizwa ry’intambara”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *