Abitwaje intwaro bataramenyekana bagabye igitero kuri gereza yo muri Nigeria iherereye mu majyepfo y’uburengerazuba bw’igihugu, babohoramo 837 bataraburanishwa, hasigaramo 70 gusa.
Umuvugizi w’urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa, Olanrewaju Anjorin yabwiye itangazamakuru ko abitwaje intwaro bagabye igitero kuri iyi gereza mu masaa tatu y’ijoro ryo ku wa 22 Ukwakira 2021.
Muri iryo joro, ngo aba bitwaje intwaro basenye ibikuta by’iyi gereza bakoresheje urutambi.
Yagize ati: “Baje kuri gereza bafite intwaro ziremereye, nyuma yo guhangana n’abahacunga, babasha kwinjira bakoresheje urutambi baturikishije urukuta. Abafungwa bari bategereje kuburanishwa bose barasohotse…”
Gusa Anjorin yavuze ko ubwo izi mfungwa zari zimaze gutorokeshwa, hatangiye igikorwa cyo kuzishakisha, ubu hakaba hamaze gufatwa 262, mu gihe izindi 575 zabuze.
Iyi gereza isanzwe ifite ubushobozi bwo gucumbikira imfungwa n’abagororwa 160, yari isanzwe icumbikiye 907.


