Nigeria: Boko Haram yagabye igitero ku nkambi icumbikiye abarwanyi bayo

Sangiza iyi nkuru

Umutwe w’iterabwoba Boko Haram wagabye igitero ku nkambi irimo abarwanyi bawo bishyikirije ubutegetsi mu majyaruguru ya Nigeria nk’uko byatangajwe n’igisirikare.

Ni igitero cyagabwe kuri iki Cyumweru kuri iyi nkambi iherereye mu Mujyi wa Damboa, muri Leta ya Borno, nyuma y’aho abarwanyi ibihumbi ba Boko Haram n’imiryango yabo mu mezi ashize bitanze nyuma y’urupfu rw’umuyobozi wabo muri Gicurasi.

Igisirikare cya Nigeria cyavuze ko cyasubije inyuma abarwanyi ba Boko Haram bari bagabye igitero kuri ibyo birindiro, ariko nticyatangaza ababa bahapfiriye nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ivuga.

Bivugwa ko umutwe wa Boko Haram umaze iminsi wisuganya bikomeye mu bice igenzura mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Nigeria kuva muri Gicurasi nyuma y’urupfu rwa Abubakar Shekau wiyishe atinya gufatwa n’igice cy’abarwanyi bamwiyomoyeho biyemeje gufatanya na Islamic State.

Kuva mu 2009 intambara ya Boko Haram yatangira muri Nigeria, abantu byibuze ibihumbi 40 bamaze kuyigwamo, mu gihe abasaga miliyoni 2 bavanwe mu byabo, ndetse ikaba yarageze no mu bihugu by’ibituranyi nka Tchad, Cameroun na Niger.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *