Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano agera ku Biro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, aravuga ko abakekwaho kuba abarwanyi ba kisilamu bateye ikigo cya gisirikare muri Nigeria maze bashimuta abasirikare n’amasasu mu gitero cyagabwe mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Leta ya Borno mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ushize.
Muri uyu mwaka, ibitero byagabwe na Boko Haram hamwe na mukeba wayo, Leta ya Kisilamu Intara ya Afurika y’Iburengerazuba (ISWAP) byateje ubwoba bwo kugaruka kw’abajihadiste, mu mayeri yabo harimo no gukoresha indege zitagira abadereva n’ibikoresho biturika byatezwe mu mihanda minini.
Umusirikare warokotse icyo gitero yavuze ko abarwanyi benshi bahageze kuri moto n’amakamyo ariho imbunda maze bagota ikigo cya Batayo ya Task Force 153 kiri mu Karere ka Marte muri Borno mu ma saa 0200 GMT.
Uyu musirikare wanze ko amazina ye atangazwa kubera impamvu z’umutekano we, yatangaje ko ingabo za Nigeria zahungiye muri Brigade nini ya Task Force ya 24 mu Karere ka Dikwa kari hafi aho, aho bongeye kwisuganyiriza maze bagaba igitero cyo kubohoza icyo kigo cyabo.


