Nsabimana Eric ashobora kwerekeza muri Rayon Sport

Sangiza iyi nkuru

Nsabimana Eric “Zidane” ukina mu kibuga hagati mu ikipe ya As Kigali biravugwa ko ashobora kwerekeza mu ikipe ya Rayon Sports akabisikana na Niyonzima Ally bivugwa ko na we yasinyiye iyi kipe amasezerano y’imyaka igera kuri 2.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Zidane nk’uko bakunze kumwita, ni umwe mu bakinnyi bari mu ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 y’amavuko, yakinnye igikombe cy’Afurika cyabereye hano mu Rwanda, aho yatsinzwe na Burkina Faso ibitego 2-1, ndetse yanajyanye n’iyi kipe mu gikombe cy’isi cy’abari munsi y’iyi myaka cyabereye muri Mexique mu mwaka wa 2011.
Uyu musore wamaze imyaka isaga 3 mu ikipe ya APR FC aho yaje kuyivamo yerekeza muri As Kigali muri 2015, magingo aya yamaze gusoza amasezerano ye muri iyi kipe, ndetse bikaba bivugwa ko ataranongererwa andi masezerano muri iyi kipe y’abanyamujyi bityo ko yatangiye ibiganiro n’ikipe ya Rayon Sports ndetse bigenze neza akaba yayerekezamo umwaka utaha w’imikino wa 2017-18.
Uyu mukinnyi aramutse agiye muri Rayon Sports, yabisikana n’uwahoze ari kapiteni (Captain) w’ikipe ya Mukura Victory Sport ariko ngo wamaze gusinyira ikipe ya Rayon Sports imyaka 2 nk’uko bivugwa, ariko umukinnyi ku giti cye akaba atemeza neza amakuru yo kuba yarasinye.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uyu Nsabimana Eric aramutse yerekeje mu ikipe ya Rayon Sports, yaba aje yiyongera ku bandi 24 iyi kipe ikomoka i Nyanza yamaze gushyira ahagaragara ivuga ko ari bo izifashisha mu mikino igiye itandukanye muri uyu mwaka w’imikino wa 2017-18.
Zidane w’imyaka 26 y’amavuko, umwaka ushize w’imikino wa 2016-17 yafashije ikipe ya As Kigali kwegukana umwanya wa 4 ifite amanota 53 ndetse anayifasha kugera muri 1/8 mu gikombe cy’Amahoro.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Jean de Dieu Dushimimana@bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *