Umunyambanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe yatangaje ko kugeza ubu nta rwandiko ruvuye mu Ikipe ya APR FC bakiriye, ruvuga ko batazakina imikino ibiri mu guhatanira igikombe cya Super Cup.
Mugabe mu kiganiro yagiranye na Radiotv10 kuri uyu wa 10 Kanama 2026, yavuze ko nta baruwa ya APR FC bari bakira ivuga kuri iki kibazo. Ati ” ko nta busabe bwa APR FC twari babona.”
Umutoza Mukuru wa APR FC, Taleb we aherutse kumvikana mu bitangazamkuru avuga ko bandikiye Ferwafa bayibwira ko batazakina imikino ibiri ya Super Cup ahubwo bazakina umukino umwe gusa.
Ni mu gihe ingebihe ivuga ko bazakina imikino ibiri. APR FC yari yavuze ko idakozwa ibyo gukina imikino ibiri kuko ubusanzwe yari izi ko izakina umukino umwe, ko izo mpinduka itazimenyeshwejwe ku gihe. Iyi kipe ivuga ko ibi byabangamira izindi gahunda yateganyije mu kwitegura Shampiyona.


