Kuri uyu wa Mbere, itariki 23 Mutarama 2023, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, Raila Odinga, yabwiye ibihumbi by’abamushyigikiye ku kibuga cya Kamukunji i Nairobi ko atemera ko William Ruto ari perezida w’igihugu .
Odinga yavuze ko amatora ya perezida muri Kanama umwaka ushize yabayemo uburiganya.
Yashimangiye ko hari ba mafia bibiye Perezida Ruto amajwi bacengera mu rukiko rw’ikirenga na komisiyo y’amatora nk’uko iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ivuga.
Odinga yagize ati: “Ntidushobora kandi ntituzemera ubutegetsi bwa Kenya Kwanza kandi dufata guverinoma yayo nk’itemewe.”
Yongeyeho ko nk’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, “ntabwo twemera ko William Ruto ari Perezida wa Kenya kandi ntitwemera ko hari abayobozi bari kumwe na we.”
Odinga yavuze ko isuzumwa ry’amatora n’ibyayavuyemo ridashobora kuganirwaho kandi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bifuza ko ibikorwa remezo bya komisiyo yigenga y’amatora ndetse n’ibyavuye mu matora yo mu 2022 byashyirwa ahagaragara kandi bigasuzumwa n’ubuyobozi bwigenga.
Atangaza ibyavuye mu matora muri Nzeri umwaka ushize, Wafula Chebukati, umuyobozi wa Komisiyo Yigenga y’Amatora muri Kenya (IEBC), yavuze ko Ruto yatsinze ku majwi 7.176.141, ni ukuvuga 50.49% by’amajwi, mu gihe uwo bari bahanganye cyane, wahoze ari Minisitiri w’intebe w’imyaka 77; Raila Odinga, yagize 48,85%, ni ukuvuga amajwi 6.942.930.
Urukiko Rukuru rwa Kenya muri Nzeri rwemeje intsinzi ya Ruto mu matora ya perezida, yanga icyifuzo gisaba gutesha agaciro ibyavuye mu matora.
Urukiko rwavuze ko rutemera ko ikoranabuhanga ryakoreshejwe na komisiyo yigenga ishinzwe amatora ritujuje ubuziranenge nk’uko byavugwaga n’abatanze ikirego.


