Minisitiri w’ubutegetsi, iterambere ry’abaturage n’umutekano mu Burundi, Gervais Ndirakobuca yatangaje ko nta we bazemerera ko ajya gutaramira mu gihugu cyabo aturutse mu Rwanda, mu gihe iki gihugu cyugarijwe n’icyorezo cya Covid-19.
Uyu muyobozi yabitangarije imbere y’abayobozi batandukanye mu Burundi kuri uyu wa 29 Nyakanga 2021, ubwo yari amaze kubasobanurira kuri gahunda yo kwakira inkingo za Covid-19 bemeye guhabwa na Banki y’Isi.
Ni nyuma kandi y’aho Minisiteri ayoboye kuri uyu wa 28 Nyakanga 2021 yatangaje ko ibitaramo umuhanzi w’indirimbo ziramya n’izihimbaza Imana, Israel Mbonyi atazataramira Abarundi kubera ko nta burenganzira yahawe n’urwego rubishinzwe.
Minisitiri Ndirakubuca yatangaje ati: “Hari ibindi bimaze iminsi bikwirakwira mu mutekano. Abantu baje gukubita umuziki bavuye mu Rwanda. Nta muntu uzaza gukubita umuziki mu Burundi avuye i Rwanda ibintu bizambye ngo atuzanire akarambaraye.”
Yakomeje ati: “Twebwe tuzasenga nk’Abarundi kubera ko tuzi ibya Koronavirusi mu gihugu cyacu tubibona neza. Ko haza abavugabutumwa bavuye ahandi ngo baje kubikorera iwacu, wapi. Reka tubanze dusenge ya Mana yacu, ya kamere yacu…”
Minisitiri Ndirakobuca yasabye aba bayobozi ko amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo yatanzwe na Minisiteri y’Ubuzima no kurwanya icyorezo cya SIDA yakurikizwa, Abarundi bakanipimisha.
Yanasabye abatuye mu gihugu kiri aho yise “aha hafi yacu” gucunga imipaka cyane kugira ngo hatagira ugiturutsemo ubinjirana, akabajyanira Covid-19.
Ubutumwa bwa Minisitiri Ndirakobuca bwerekana ko usibye ibitaramo bya Israel Mbonyi byateganywaga kuva tariki ya 13 n’iya 15 Kanama 2021 byaburijwemo, n’icya Bruce Melodie kiri mu rugendo yise Kigali World Tour cyateganywaga mu mpera z’uko kwezi kitakibaye.


