Nyamagabe: Arashinjwa gusambanya abana be babiri batarengeje imyaka 5

Sangiza iyi nkuru

Ubushinjacyaha, Urwego Rwisumubuye rwa Nyamagabe, kuri uyu wa Mbere ushize, itariki 13 Ugushyingo, bwaregeye urukiko umugabo ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana be babiri bafite imyaka itatu (3) n’imyaka itanu (5).

Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko ibi byabereye, ku itariki ya 17 Ukwakira 2022, mu Mudugudu wa Mashya, Akagali ka Giheta, mu Murenge wa Munini, ho mu Karere ka Nyaruguru.

Bivugwa ko umugore w’uregwa yari yaragiye mu Karere ka Huye, umwana we w’umuhungu akaza kumuhamagara atiye telefone y’umujyanama w’ubuzima, amusaba ko yataha kuko abana bagiye gupfa kandi amubwira ko ibyo arimo bitaruta abana.

Aho uyu mugore atahiye, yamaze iminsi ibiri, atangira kubona mu gitsina cy’umwana havamo ibintu bimeze nk’amashyira, nawe aramwoza umwana akamubwira ko atonekara mu gitsina cye, hanyuma amubaza icyo yabaye amubwira ko ari papa we washyize urutoki mu gitsina cye.

Umubyeyi yahamagaye undi mwana mukuru we ufite imyaka 5 amubaza impamvu murumuna we arimo gutaka avuga ko papa we yamushyize urutoki mu gapipi, avuga ko nawe papa we yaje amusanga mu buriri bwe hanyuma amuryama hejuru.

Umugore avuga kandi ko umugabo we yigeze kumuhamagara yasinze, amuha umwana w’imyaka 5 yanga kuvuga nibwo yamubazaga impamvu amuha abana mu masaha ya saa kumi z’ijoro (04h00’), ubwo umugabo we ngo yamusubije ko amukangura kuko ariwe mugore asigaranye.

Icyaha cyo gusambanya umwana gihanwa n’ingingo ya 4 y’itegeko N⁰69/2019 ryo ku wa 08/11/2019 rihindura itegeko N⁰68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko iyo umuntu mukuru asambanyije umwana uri munsi y’imyaka cumi n’ine (14), igihano kiba igifungo cya burundu kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *