Ubushinjacyaha urwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe kuri uyu wa Kabiri, itariki 26 Ukwakira bwaregeye urukiko ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo dosiye iregwamo umugabo ukurikiranyweho icyaha cyo kwica mugenzi we witwa Uwizeyimana Cyprien bari biriranywe mu kabari basangira.
Ibyo byabaye ku itariki ya 14 Ukwakira 2021 mu gihe cya 05h30’ za mu gitondo, mu Mudugudu wa Ryanyirataba, Akagari ka Kirehe, Umurenge wa Kamegeri mu Karere ka Nyamagabe.
Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko ari bwo abaturage batanze amakuru ko habonetse umurambo w’umugabo mu gashyamba kari hepfo y’ibiro by’Akagari ka Kirehe.
Uwo mugabo byagaragaraga ko yishwe akomerekejwe mu mutwe cyane, amakuru akomeza avuga ko ashobora kuba yishwe n’umugabo bari biriwe basangira inzoga ndetse bakaza no gutahana amuherekeje.
Uregwa bivugwa ko yahise aburirwa irengero muri icyo gitondo kugeza afatiwe mu modoka ahitwa i Kizi yerekeza i Kigali ku wa 17 Ukwakira 2021.
Iki cyaha uyu mugabo akurikiranyweho kikaba gihanwa n’ingingo za 107; 243 na 248, z’itegeko N? 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.


