Abana b’abanyeshuri barokotse jenoside yakorewe Abatutsi, bashima Leta yimakaje ubumwe n’ubwiyunge, ubu bakaba biga neza banafite abaterankunda.
Ubwo kaminuza ya ‘Kibogora Polytechnic’
iherereye mu karere ka Nyamasheke yibukaga ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi, bamwe mu bana irihira mu rwego rwo gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye kongera kwiyubaka, bashimye komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) yafatanije n’iyi kaminuza kubabonera uburyo bwo kwiga.
Uwera Alice w’imyaka 26 y’amavuko uturuka mu karere ka Huye mu ntara y’Amajyepfo, yabwiye Bwiza.com
ko yari amaze imyaka 5 yararangije ayisumbuye nta kazi afite kandi na FARG itarashoboraga kumurihira kuko amanota yafatiragaho
atari yayagejejeho, ariko ku bw’ayo mahirwe CNLG imwohereza kwiga muri iri shuri
aho ageze mu mwaka wa gatatu.
Yagize ati ’’iki ni ikimenyetso cy’imiyoborere myiza no kuba dufite Leta nziza itwitaho ikanimakaza ubumwe n’ubwiyunge. Mpabwa ubumenyi, nkanafashwa byose nkenera ngo nige neza kandi nari maze imyaka 5 yose nsa n’uwihebye nta n’akazi ngira, nta n’undi nakwiyambaza, byiyongera ku bikomere bindi by’umutima nasigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi, nkabona aya ari amahirwe akomeye twagize, natwe tukaba twiteguye gufasha abandi igihe tuzaba twarangije kwiga dufite akazi.’’

Umuyobozi w’iyi kaminuza,Dr Mukamusoni Dariya,avuga ko
hari abana
benshi barokotse Jenoside yakorewe abatutsi bagihura n’ibibazo byinshi bishobora no kubangamira imyigire yabo bitewe n’ibikomere byinshi baba barasigaranye nyuma yo kubura abagombaga kubitaho,ari yo
mpamvu n’ishuri rifasha
Leta
mu kubitaho.
Umuyobozi w’aka karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukamana
Claudette,yashimiye buri wese ufasha abarokotse Jenoside batishoboye kongera kwiyubaka, ko aba agera ikirenge mu
cya Leta, ibikorwa nk’ibi bizamura imibereho y’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi batishoboye bikaba bizakomeza gushyigikirwa.
Ati’’ kwita ku mibereho y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye ni inshingano zacu nka Leta, tugashima aba bose batera iyi ntambwe kandi ntituzahwema kubikora no kubibashimira.’’
Ubuyobozi bw’iyi kaminuza buvuga ko kuva muri 2015,burihira abanyeshuri 2 barokotse Jenoside batishoboye buri mwaka,aho umwe atangirwa amafaranga arenga 1.200.000 ku mwaka amufasha mu byo akenera byose ku ishuri,butibagiwe n’abarituriye bayi rokotse bandi batishoboye.

Bahuwiyongera Sylvestre/ Bwiza.com



