Nyamasheke: Urujijo ku iyicwa ry’abarimu bigishaga muri EAV Ntendezi mu gihe cya Jenoside

Sangiza iyi nkuru

Abigaga mu ishuri ry’ubuhinzi n’ubworozi rya EAV Ntendezi riri mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke, bakomeje kwibaza ukuri ku iyicwa ry’abari abarimu babo 6 muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iki kibazo gihora kigaruka buri mwaka uko iri shuri ryibutse aba bari abarimu baryo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Safari Théogène wahigaga mu  wa mbere,  akanaharokokera, avuga ko mukuru we  wari umwe muri aba barezi witwaga Nkaka Léonard  yahiciwe mu buryo n’ubu ngo batarasobanukirwa.

Abandi barezi babo 5 bo ngo bishwe bagarutse ku ishuri bava aho bari barahungiye mu karere ka Rusizi y’ubu, baje kureba imishahara yabo ngo barebe ko bahungira i Burundi, ngo bahageze aho kuyibaha , bakingiranwa mu nzu n’ubuyobozi bw’ishuri bujya kubahururiza abapolisi b’icyari komini Karengera baraza,ubuyobozi  burabakingurira barabatwara bajya kubica.

Ati “kugeza ubu ntituzi amakuru nyayo ku iyicwa ry’abari abarezi bacu kandi uwari umuyobozi w’ishuri Ngoga Télésphore arahari duhora duhurira mu mujyi wa Kigali ariko ntaranansuhuza ngo ambwire amakuru y’iyicwa rya mukuru wanjye kuko ni we wamujyanye kuri Sitade, amutwara inyuma kandi azi ko yahigwaga, amugejeje yo  numva ko ngo nta minsi 2 yamaze aba arishwe, undi najya mubaza akambwira ko  ariho ameze neza”.

Yakomeje agira ati “natwe ubwo badupakiraga Bisi batujyana i Nyarushishi twahasanze Lisiti y’amazina yacu ifitwe n’abajandarume,dukeka ko twagombaga kwicwa ariko Imana igakinga ukuboko. Turifuza ko yatumizwa nko mu gihe cyo kwibuka akatubwira ayo makuru yose tukava mu rujijo.’’

Ubwo  iri shuri ryibukaga aba barezi baryo, iki kibazo cyongeye kugaruka kizanywe n’uhagarariye ibuka mu murenge wa Ruharambuga  riherereyemo,Uwitonze  Simon asaba ikurikiranwa ry’uyu muyobozi akabasobanurira amashirakinyoma ku iyicwa ry’aba barezi.

Umuyobozi w’aka karere Kamari Aimé Fabien yavuze ko bagiye kugikurikirana bagakura abaturage mu rujijo.

Yagize ati “Bivuzwe igihe ariko inzego z’ubutabera zabigiye mo bivugwa ko hari ababuranye n’abataraburana mu bakekwa kuri iri yicwa,tukaba tugiye kubikurikirana byimbitse tugakura abaturage mu rujijo,uyu ushyirwa mu mawji  tukamushaka tukamubaza, kwibuka k’ umwaka utaha tukazabaha igisubizo gifatika’’

Bane muri aba barezi bashyinguye kuri iri shuri bigishagamo abandi 2 barimo uwo Nkaka Léonard bashyinguye mu zindi nzibutso.

Umuyobozi wakarere ka Nyamasheke Kamari Aimé Fabien i buryo numuyobozi wishuri Ndashimye Léonce bunamira abari abarezi baryo bishwe muri Jenoside.
Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Kamari Aimé Fabien ( i buryo) n’umuyobozi w’ishuri Ndashimye Léonce bunamira abari abarezi baryo bishwe muri Jenoside
Abanyeshuri bahiga ubu na bo bifuza kumenya ibyiyicwa ryabagombye kuba babigisha ubu.
Abanyeshuri bahiga ubu na bo bifuza kumenya iby’iyicwa ry’abagombye kuba babigisha ubu.

Bahuwiyongera Sylvestre/ Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *