Nzaba muri politiki kugeza mpfuye – Gbagbo ushaka kongera kuba perezida nyuma ya gereza

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari Perezida wa Côte d’Ivoire, Laurent Gbagbo, uherutse kurekurwa n’Urukiko Mpuzamahanga rwa La Haye, yagarutse muri politiki n’ishyaka rishya abereye umuyobozi nyuma y’umwaka icumi atagaragara muri iki kibuga nk’uko byatangajwe kuri iki Cyumweru n’iri shyaka ryizeye ko agomba gusubira ku mwanya wa perezida.

Muri weekend ishize nibwo Laurent Gbagbo yatangaje ishyaka rishya yise Parti des peuples africains-Côte d’Ivoire (PPA-CI) aho ateganya guhuriza hamwe abatavuga rumwe n’ubutegetsi akongera guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora yo mu 2025.

Ubwo yagezaga ijambo ku bahagarariye ishyaka mu mbwirwaruhame ya mbere yakurikiranwe n’abantu benshi kuva yava muri yasubira mu gihugu cye avuye muri gereza, Gbagbo yagize ati “ Tugiye gusubukura urugendo rwacu dufatanyije,” yiyemezakuguma muri politiki.

Yakomeje agira ati “ Nzaba muri politiki kugeza mpfuye,”

Mu ijambo rye kandi Gbagbo yagarutse ku myaka yamaze afungiye muri gereza ya La Haye mu Buholandi kuva mu 2011 kugeza mu 2019, azira ibyaha byibasiye inyokomuntu yaje guhanagurwaho.

Ikinyamakuru Le Point kivuga ko Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu rishyira ku Cyumweru ari bwo Gbagbo yatorewe kuyobora ishyaka PPA-CI i Abidjan

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *