Paris: Louise Mushikiwabo aragirana ibiganiro na Perezida Macron

Sangiza iyi nkuru

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki 20 Werurwe, Perezida Emmanuel Macron agomba guhura n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa La Francophonie (OIF), Louise Mushikiwabo mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wa La Francophonie .

Nk’uko Perezidansi y’u Bufaransa (Elysée) yabitangaje, ikiganiro hagati yabo “kiribanda ku ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga ihuriweho na Francophonie nka moteri yo guhanga, gukomeza ubukungu no kwiga. »

Uru ruzinduko ruje mu gihe inama itaha ya La Francophonie iteganijwe kuzabera mu Bufaransa mu 2024, ariko nanone hateganyijwe ibikorwa bibiri bya siporo: Imikino ya La Francophonie 2023 i Kinshasa n’imikino Olempike na Paralympike i Paris mu 2024 nk’uko tubikesha francsjeux.com.

Nk’uko Perezidansi y’u Bufaransa ivuga, Emmanuel Macron na we aragaruka ku bijyanye na Francophonie mu rugendo aherutse kugirira muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, igihugu kivugwamo cyane Igifaransa kurusha ibindi ku Isi.

Imikino ya Francophonie, ku ikubitiro yari iteganijwe mu 2021, ariko igasubikwa kabiri, igomba kuba kuva ku itariki ya 28 Nyakanga kugeza ku ya 6 Kanama 2023 i Kinshasa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *