Perezida Buhari wari umaze iminsi 100 mu bitaro, yatashye ashimira abamusengeye

Sangiza iyi nkuru


Perezida Muhammadu Buhari wa Nigeria yageze mu gihugu avuye mu Bwongereza kwivuza, yashimiye abamubaye hafi by’umwihariko abamusengeraga amanwa n’ijoro.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Kanama 2017, nibwo Perezida Buhari yageze mu gihugu, mu itangazo ryashyizwe hanze na perezidansi ya Nigeria rivuga ko ageze mu gihugu avuye kwivuza uburwayi batatangaje mu Bwongereza aho yari amaze iminsi 100 yivuza.

Ku wa 7 Gicurasi nibwo Perezida Buhari yuriye indege ajya mu Bwongereza, Visi Perezida,
Yemi Osinbajo akaba ari we yari yarasigiye ubuyobozi mu gihe we yari mu buzima butamwemerera kuyobora ari mu bitaro.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Biteganyijwe ko Buhari azagira icyo atangariza abaturage ba Nigeria kuri radiyo na Televiziyo by’igihugu ku wa mbere w’icyumweru gitaha ku isaha ya saa moya z’igitondo.

b3

Perezida Buhari yakira mu rugo visi Perezida Yemi Osinbajo

b1 b2 1 b4

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *