Perezida Kabila azagumana ubutegetsi, anabuvuyeho yahabwa umwanya ukomeye muri politiki-Mende

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi wa Leta muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Lambert Mende yatangaje ko Perezida Kabila ashobora kuguma ku butegetsi ariko atanabugumaho akareba undi wo mu ishyaka riri ku butegetsi wiyamamariza umwanya ariko Kabila akagira umwanya ukomeye muri politiki ya kiriya gihugu.

Ibi yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuwa 29 Gicurasi 2018, aho yirinze kwerura ngo avuge ko perezida uriho azongera akiyamamariza kuyobora kiriya gihugu, gusa akavuga ko Itegekonshinga ribimwemerera kandi yashaka agatanga umukandida ugomba kumusimbura.

Yagize ati”Perezida Kabila afite uburenganzira bwo kugumana ubuzima bw’igihugu mu bijyanye na politiki kuko hari ingingo ibimwemerera mu Itegekonshinga.”

Abanyepolitiki bashyigikiye perezida Kabila uri ku butegetsi kuva 2001, bavuga ko ingingo yasubiwemo mu Itegekonshinga imwemerera indi manda imwe nubwo abenshi batabishyigikiye.

Aha Mende yirinze kugira byinshi abivugaho, gusa avuga ko mu bihe by’amatora, perezida Kabila azaba afite uruhare runini muri politiki y’igihugu cye.

“Nubwo hariabo bidashimishije, nuko bimeze kuko dushaka gutsinda.”

Perezida Kabila yarangije manda yagenerwaga n’itegeko muri 2016, gusa mu Itegekonshinga hhakabamo ingingo imwemerera kuba yayobora insibacyuho izageza mu Kuboza 2018.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *