Perezida Kagame ategerejwe i Bangui

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 15 Ukwakira 2019, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ategerejwe i Bangui, muri Centrafrika nk’uruzinduko rwe rwa mbere agiye kugirira muri iki gihugu kuva Perezida Faustin-Archange Touadéra yatorwa mu 2016.

Nk’uko byatangajwe mu itangazo Guverinoma ya Bangui yasohoye ku wa Gatanu tariki ya 11 Ukwakira 2019, ngo uru ruzinduko rwa Perezida Kagame rugamije ‘gushimangira umubano w’ibihugu byombi’.

Nk’uko BBC ibitangaza, iri tangazo ngo rivuga ko abayobozi b’ibihugu byombi bazasinya amasezerano y’ubufatanye mu bukungu, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ubufatanye mu bya gisirikare.

Perezida Kagame asuye iki gihugu mu gihe u Rwanda ari igihugu cya Gatatu gifite abasirikare benshi mu ngabo za ONU zagiye kugarura amahoro muri Centrafrique zitwa MINUSCA.

Mu gihe gishize hari ingabo za Centrafrique zakoreye amahugurwa ya gisirikare mu Rwanda. By’umwihariko kandi iki gihugu kikaba cyarakiriye impunzi nyinshi z’Abanyarwanda nyuma ya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubu hakaba habarirwa abanyarwanda bagera mu bihumbi babayo.

Ikinyamakuru A Bangui kivuga ko hari abashoramari b’Abanyarwanda bamaze gushora miliyari z’ama-CFA muri kompanyi yo kuvugurura umujyi wa Bangui, kandi biteguye kongera iyo mari.

Ibi ngo bikaba biri mu byumvikanyweho ubwo Perezida Touadéra aheruka i Kigali kuko leta ye ishaka gufatira urugero ku mujyi wa Kigali nk’uko iki kinyamakuru kibivuga.

Iki kinyamakuru kivuga ko hari n’amasezerano ari buganirweho yo guha u Rwanda bimwe mu birombe n’amashyamba ya Centrafrique ngo rubibyaze umusaruro

Kivuga ko bimwe muri byo ari ibirombe bya zahabu, kandi uruganda rushongesha zahabu ruherutse gufungurwa i Kigali rukeneye iyo rukoresha, iyi ngo ni imwe mu mpamvu y’uru ruzinduko.

A Bangui ivuga ko ibi biri mu mpamvu mu baherekeje Perezida Kagame i Bangui harimo umuyobozi w’ikigo gishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, petrol na gaz cyo mu Rwanda.

Centrafrique ni igihugu gikungahaye ku mabuye y’agaciro arimo zahabu, diyama, uranium ndetse na petrol hamwe n’ibiti by’imbahu z’agaciro bita Acajou cyangwa ‘bois rouge’.

Soma Izindi Nkuru

The Ben ari mu bitaro

April 16, 2026

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *