Perezida Kagame na Mnangagwa bazayobora inama ya Transform Africa izabera hanze y’u Rwanda bwa mbere

Sangiza iyi nkuru

Perezida Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, biteganijwe ko bazayobora inama yo ku rwego rwo hejuru y’iminsi itatu igamije guhindura Afurika mu bijyanye n’ikoranabuhanga izwi nka Transform Africa Summit (TAS), yateguwe na Smart Africa izabera muri Victoria Falls muri Mata .

Iyi nama ya Transform Africa izaba iterana ku nshuro ya 6 , iteganyijwe guhera ku itriki ya 26 kugeza u ya 28 Mata, ikazaba ifite insanganyamatsio igira iti “Guhuza, guhanga udushya, no guhindura.”

Ni inama iba igamije gukangurira ibihugu bya Afurika kurushaho guhatana, kwihuta, gufunguka, no guhanga udushya binyuze mu ikoranabuhanga.

Nk’uko abayiteguye babitangaza, Zimbabwe yatoranijwe kugira ngo izakire iyi nama mu bindi bihugu 36 bigize Smart Africa Alliance.

Perezida Kagame ni umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Smart Africa kandi biteganijwe ko azateranya inama y’inama y’ubutegetsi mu nama iri imbere.

Mu itangazo rye, umuyobozi mukuru na CEO wa Smart Africa, Lacina Koné, yavuze ko Inama ya Transform Africa izabera hanze y’u Rwanda ku nshuro ya mbere, yongeraho ko 2023 ari umwaka utazibagirana mu mpinduka zishingiye ku ikoranabuhanga za Afurika.

“Inama ya Transform Africa nicyo gikorwa cya mbere ku ikoranabuhanga muri Afurika cyateguwe na Smart Africa, gihuza intumwa zirenga 5 000 ziturutse mu bihugu birenga 100 kugira ngo ziganire ku mpinduka zishingiye ku ikoranabuhanga z’umugabane mu nzego zitandukanye”.

“Abakuru b’ibihugu bigize akanama ka Smart Africa, abaminisitiri, abayobozi b’inganda mpuzamahanga ndetse n’abagira uruhare runini muri ICT bazitabira iki gikorwa cy’iminsi itatu kigamije gufata ibyemezo by’ingenzi bigamije iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza ya Afurika binyuze mu ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT).”

Bwana Kone yavuze ko insanganyamatsiko y’iki gikorwa igira iti: “Guhuza, Guhindura no Guhanga udushya” bizibanda cyane ku mabwiriza na politiki, gutera inkunga ibikorwa remezo bya sisitemu, kongerera ubushobozi no guteza imbere ubumenyi, ndetse n’ubucuruzi bwo ku mugabane wa interineti n’ibindi bintu by’ingenzi.

Biteganijwe ko iyi nama izashimangira ubushake bwa Guverinoma zo muri Afurika mu kwihutisha gukoresha ikoranabuhanga muri serivisi zitanga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *