Perezida Kagame na Museveni bakiriye intumwa za Ethiopia, igare ryongera guhesha u Rwanda ishema

Sangiza iyi nkuru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 16 kikarangira kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2020, cyaranzwe n’amakuru yiganjemo ay’ubuzima, umutekano na siporo cyane cyane mu cyiciro cy’umupira w’amaguru.

Ni aya akurikira:

Perezida Kagame na Museveni bakiriye intumwa zo muri Ethiopia

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame na Yoweri Museveni bakiriye intumwa zo muri Ethiopia ziyobowe na Minisitiri w’Intebe wungirije, Demeke Mekonnen.

Perezida Museveni ni we wabanje kwakirira izi ntumwa muri Kampala, tariki ya 17, hanyuma na Perezida Kagame azakirira i Kigali tariki ya 18.

Icyazanye izi ntumwa muri aka karere ni ukugira ngo ziganira n’aba bakuru b’ibihugu ku bijyanye n’amakimbirane leta ya Ethiopia ifitanye n’ubuyobozi bw’agace ka Tigray, yatutumbyemo intambara.

Abakuru b’ibihugu bombi batanze icyifuzo cyabo cy’uko ubwumvikane hagati ya leta na Tigray byakongera kumvikana, amahoro akongera kugaruka.

Icyorezo cya Covid-19 mu bigo by’amashuri

Ku nshuro ya mbere ubwo hatangizwaga igikorwa cyo gupima icyorezo cya Covid-19 mu bigo by’amashuri biri mu Ntara y’Amajyepfo, habonetse abanyeshuri 26 banduye n’abandi 28 bagaragaza ibimenyetso.

Aba banyeshuri babonetse mu bigo bitatu biherereye mu turere twa Gisagara na Nyamagabe; birimo G.S Mugombwa, G.S Kigeme na G.S Gasaka. Hari kandi 24 bagaragayeho ibimenyetso bagaragaye muri G.S Kavumu mu Karere ka Nyanza.

Iki gikorwa cyo gupima Covid-19 cyatangiriye mu bigo by’amashuri tariki ya 18 Ugushyingo 2020, kikaba gikomeza.

Amavubi akomeje kwinanirwa

Mu mikino yo gushaka itike ya CAN 2021, ikipe y’igihugu ,Amavubi, yananiwe gutsinda umukino n’umwe muri ine ishize.

Iyi kipe y’igihugu mu itsinda F iherereyemo, yatsinzwe imikino ibiri; uwo yatsinzwemo na Mozambique na Cameroon, ndetse inganya 0-0 indi ibiri na Cap-Vert irimo uwabereye kuri Sitade ya Kigali tariki ya 17 Ugushyingo 2020.

Byatumye Amavubi agira amanota 2, aguma ku mwanya wa nyuma, aho asa n’ayatakaje amahirwe yose yo kuzabona itike ya CAN 2021. Akurikiye Cap-Vert ifite amanota 4, Cameroon ni yo iyoboye itsinda.

Igare ryongeye guhesha igihugu ishema

Umunyarwanda Mugisha MoĂŻse yegukanye irushanwa rya Grand Prix Chantal Biya rikinirwa muri Cameroun, nyuma yo kumarana umwenda w’umuhondo iminsi itanu.

Mugisha MoĂŻse watwaye uduce (etapes) tubiri muri iri rushanwa, yabonye insinzi abifashijwemo na bagenzi be bagize ikipe y’igihugu (Team Rwanda), bitwaye neza nk’ikipe kurusha abandi bose bari bahanganye.

Uyu musore yatwaye irushanwa arusha umunya-Slovakia, Kubis Lukas wamukurikiye, amasegonda 39

Urugamba hagati ya Sadate na Radio/TV10

Icyumweru gishize cyatangiranye intambara y’amagambo hagati ya Munyakazi Sadate wabaye umuyobozi wa Rayon Sports n’abanyamakuru ba Radio/TV 10 cyane cyane Sam Karenzi.

Sadate ashinja Sam Karenzi n’iki gitangazamakuru gushaka kucamo ibice Rayon Sports, binyuze mu gukwirakwiza amakuru y’ibihuha, akabyita kubura ubunyamwuga.

Ni mu gihe aba banyamakuru nabo batigeze borohera Sadate, Sam Karenzi we akavuga ko uyu mukunzi wa Rayon Sports afite ihungabana, ku buryo akenewe kwitabwaho n’inzego z’ubuzima cyangwa se akajyanwa mu kigo ngororamucyo.

Bobi Wine yateje impagarara

Umunyapolitiki ushaka kuba Perezida wa Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yateje impagarara nyuma yo gufungwa n’inzego z’umutekano ubwo yiyamamazaga.

Tariki ya 18 Ugushyingo 2020 ni bwo Bobi Wine wari mu Karere ka Luuka yafunzwe, azira kurenza umubare w’abagoma kwitabira igikorwa cyo kwiyamamaza, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

Yarafunzwe, abaturage bajya mu myigaragambyo yarangiye ubwo yarekurwaga tariki ya 20 Ugushyingo 2020, atanze ingwate ya miliyoni imwe y’amashilingi ya Uganda, hamaze gupfa abakabakaba 40 harimo abarashwe.

Bobi Wine nyuma yo gufungurwa bitegetswe n’Urukiko Rukuru rwa Ibanda, yunamiye abapfiriye mu myigaragambyo. Kuri iki cyumweru tariki ya 22 Ugushyingo, yatangaje ko ibikorwa byo kwiyamamaza abikomeza nk’uko byari bisanzwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *