Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa 21 Mata 2021 yahaye inshingano abacamanza batatu mu nkiko zo mu gihugu.
Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe hanze n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe, aba bacamanza ni: Dr Aimé Muyoboke Karimunda wagizwe Umucamanza mu Rukiko rw’Ikirenga, Francois Regis Rukundakuvuga wagizwe Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire na Clotilde Mukamurera wagizwe Perezida w’Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi.
Dr Karimunda yari Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire kuva muri Nyakanga 2018, Rukundakuvuga yari umucamanza mu Rukiko rw’Ikirenga kuva muri Mata 2019, naho Mukamurera yigeze kuba umucamanza mu rukiko rw’umuryango COMESA.




