Perezida Kagame yashimiye Donald Trump ku bw’intsinzi ye yo kuyobora USA

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe abayobozi b’ibihugu bitandukanye bakomeje gushimira Donald Trump ku bw’intsinzi yo kuyobora Leta zunze ubumwe za Amerika yegukanye, na Perezida Paul Kagame yamushimiye ndetse anakomoza ku mubano mwiza n’iki gihugu agiye kuyobora.
Abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter mu rurimi rw’icyongereza, ugenekereje mu Kinyarwanda Perezida Kagame yagize ati: “ Amashimwe kuri Donald Trump ku bw’intsinzi yagize, igikurikiyeho ni ugukomeza umubano mwiza na Leta Zunze Ubumwe ndetse n’ubuyobozi bushya”.
[ad id=”44145″]
Perezida Kagame ashimiye uyu mugabo Trump nyuma y’abandi bayobozi bo muri aka karere barimo Perezida Museveni wa Uganda, Pierre Nkurunziza w’u Burundi, John Magufuli wa Tanzania,…n’abandi batandukanye.
N’ubwo Museveni yagaragaje ko yishimiye iyi ntsinzi, ku ikubitiro ubwo D.Trump yatangiraga kwiyamamaza yatangaje ko aramutse abaye Perezida wa USA yahita afunga abaperezida ba Afurika bagundiriye ubuyobozi, akaba yarahise atunga agatoki Museveni na Mugabe Robert wa Zimbabwe.
[ad id=”44145″]
Nk’uko Perezida Kagame yabigaragaje muri ubu butumwa agaragaza ko hitezwe gukomeza umubano mwiza n’ubuyobozi bushya bwa USA nk’uko byari bisanzwe, u Rwanda n’iki gihugu bisanzwe bifitanye umubano mwiza.
N’ubwo Perezida Barack Obama arinze ava ku buyobozi adakandagije ikirenge ku butaka bw’u Rwanda, George W Bush wamubanjirije yasuye u Rwanda mu mwaka w’2008.
new-picture-1
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *