Perezida Kagame yiyunze n’abandi Bakuru b’Ibihugu mu guha ikaze Biden na Harris

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa 8 Ugushyingo 2020 yifatanyije n’abandi Bakuru b’Ibihugu bitandukanye ku Isi mu guha ikaze Joe Biden waraye yegukanye amatora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) na Kamala Harris uzamubera Visi Perezida.

Ni ubutumwa Umukuru w’Igihugu atanze nyuma y’abandi bayoboye ibihugu bikomeye ku Isi, n’abandi bo mu Karere nka Yoweri Museveni wa Uganda, Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na Félix Tshisekedi wa RDC.

Ubutumwa Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bimaze gushyira kuri Twitter byishimira insinzi ya Biden na Harris, bugira buti: “Perezida Kagame na Guverinoma y’u Rwanda barashimira Perezida Joe Biden na Visi Perezida Kamala Harris batowe.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byavuze kandi ko u Rwanda rutegereje gushimangira umubano warwo na USA usanzwe ukomeye.

Joe Biden yaraye atsinze Donald Trump wari ukomeye mu bari bahatanye, ku majwi 290 kuri 214. We na Kamala Harris bazatangira izi nshingano muri Mutarama 2021.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *