Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje ko azasura u Bushinwa muri Mata mu rwego rwo gushaka ubufasha bwa guverinoma y’u Bushinwa mu guhagarika igitero cy’u Burusiya muri Ukraine .
Ibi byatangajwe ku wa Gatandatu nyuma y’uko u Bushinwa busohoye inyandiko y’ingingo 12 busaba ko habaho guhagarika imirwano no “gukemura ibibazo bya politiki” kugira ngo amakimbirane amaze umwaka ahagarare.
Macron, avugira mu imurikabikorwa ry’ubuhinzi i Paris, yavuze ko azasura u Bushinwa “mu ntangiriro za Mata” nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.
Umuyobozi w’u Bufaransa yagize ati: “Kuba u Bushinwa bujya mu bikorwa by’amahoro ni ikintu cyiza”, yashimangiye ko amahoro yashoboka ari uko “igitero cy’u Burusiya gihagaritswe, ingabo zikavayo, kandi ubusugire bwa Ukraine n’abaturage bayo bikubahirizwa”.
Yongeyeho ati: “U Bushinwa bugomba kudufasha gushyira igitutu ku Burusiya kugira ngo butazigera bukoresha intwaro z’ubumara cyangwa za kirimbuzi… kandi ko buhagarika ibitero byabwo kugira ngo habeho ibiganiro.”
U Bushinwa bwakunze kwigaragaza nk’ubudafite aho bubogamiye muri aya makimbirane, nubwo bwakomeje umubano wa hafi n’u Burusiya kandi bukanafasha gutesha agaciro itangazo rihuriweho ryamaganaga intambara mu nama ya G20 mu Buhinde.


