Perezida Maduro arashaka kuvugana na Trump byanze bikunze nyuma yo kumufatira ibihano

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Venezuela, Nicolas Maduro yatangaje ko ashaka kubonana na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump myuma yo kumufatira ibihano ku byerekeye ubukungu.
Yabitangaje ku wa kane tariki ya 10 Kanama, mu ijambo ryamaze amasaha atatu yagezaga ku Nteko Nshingamategeko nshya yatowe igizwe n’abantu 345 iherutse gushyirwaho.
Maduro yatangaje ko yategetse Minisitiri ushinzwe kuvugana n’abategetsi ba Amerika kugira ashobore kuvugana kuri telefoni cyangwa abonane na Perezida Trump amaso ku yandi.
Perezida wa Venezuela, Nicholas Maduro yatangaje kandi ko bazabonanira mu inama amaso ku maso i New York tariki 20 Nzeri , mu nama iba buri mwaka ihuriza abakuru b’ibihugu na Guverinoma ku cyicaro gikuru cya Loni i New York.
Perezida Maduro yamenyesheje ko shaka imibanire ikomeye na Leta Zunze Ubumwe Za Amerika, nk’iyo afitaniye n’u Burusiya.
Leta ya Trump yatangaje ko Maduro ari umutegetsi utegekana igitugu , ni bwo yamufatiraga ibihano we n’abatagetsi ba Leta tariki 31 Nyakanga.
Kanda hano usome inkuru bifitanye isano , ku bihano Amerika yafatiye Venezuela
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *