Perezida Museveni yijeje kwirukana abaganga bose bihaye kugira uruhare mu myigaragambyo kuri ubu igeze mu cyumweru cya kabiri abaganga bo uri Uganda bahagaritse akazi basaba kongererwa umushahara.
Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye meeting yakoreye ahitwa Karambi mu Karere ka Kabarole kuri uyu wa Kane, itariki 16 Ugushyingo nyuma ya saa sita, perezida Museveni yavuze ko azasimbuza abaganga bari kwigaragambya ashinja kumugambanira nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga.
Yagize ati:“ Abaganga barangambaniye, twari twahisemo komite ngo isubiremo imishahara y’abakozi ba leta mu gihugu kandi yari yarangije imirimo yayo none abaganga bafashe icyemezo cyo kwigaragambya mu gihe abantu benshi babuze ubuzima bwabo ”.
Perezida Museveni yakomeje agira ati: “ Abaganga bazicuza ibikorwa byabo ”.
“ Ni gute ushobora kwigaragambya ukareka abantu bagapfa kubera ko ushaka ko umushahara uzamuka? Ibi ntibyakwihanganirwa,tuzirukana abaganga badashaka gukora ,”
Biravugwa ko kuri ubu abaganga b’abasirikare, abapolisi n’abo mu magereza, ari bo boherejwe ku Bitaro bya Mulago ngo bite ku bakeneye ubutabazi bwihuse mu gihe abaganga bakomeje kwigaragambya.
Â
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Â
Dennis Ns./Bwiza.com
Â
Â


