Perezida Ndayishimiye yasabye abahiritse ubutegetsi bwa Niger kurekura Bazoum

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye abasirikare bahiritse ubutegetsi bwa Niger kurekura nta mananiza Mohamed Bazoum wayoboraga iki gihugu kugeza tariki ya 26 Nyakanga 2023.

Ni ubusabe yatanze ashingiye ku byemezo byafatiwe mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’akarere ka Afurika y’iburengerazuba, ECOWAS, yateraniye muri Nigeria kuri uyu wa 10 Kanama 2023.

Aba bakuru b’ibihugu banzuye ko hakwiye kubaho ibiganiro n’abasirikare bakuye Bazoum ku butegetsi kugira ngo bamurekure kandi bamusubizeho, kandi ngo nibutamusubizaho, ingamba zose zari zateganyijwe zirimo gukoreha imbaraga z’igisirikare zishobora kuzashyirwa mu bikorwa.

Umuyobozi Mukuru w’uyu muryango akaba na Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu, yavuze ko abakomeje kwanga kubahiriza ihame rya demukarasi muri Niger bagomba gufatirwa ibihano kugeza bavuye ku izima.

Mu myanzuro yafashwe kandi, abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango banzuye ko haremwa umutwe w’ingabo zitegura kujya gusubiza Bazoum ku butegetsi mu gihe abasirikare babumukuyeho bayobowe na General Abdoulamane Tchiani bakwanga kuva ku izima.

Perezida Ndayishimiye usanzwe ari umuyobozi mukuru w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba kuri uyu mugoroba, ubwo inama ya ECOWAS yari irangiye, yasabye Gen. Tchiani na bagenzi be kurekura Bazoum, abo mu muryango we n’abari bagize ubutegetsi bwe.

Ndayishimiye yagize ati: “Nyuma y’inama idasanzwe ya ECOWAS yabereye i Abuja uyu munsi, ndasaba abasirikare bayoboye Niger kurema umwanya w’ibiganiro, hagamijwe kurekura nta mananiza Perezida Bazoum, umuryango n’abagize guverinoma.”

Abasirikare bayoboye Niger bakomeje kwima amatwi imiryango mpuzamahanga ibashyiraho igitutu. Iyi nama ya ECOWAS ibaye nyuma y’aho intumwa zayo, iz’umuryango wa Afurika yunze ubumwe n’iz’Umuryango w’Abibumbye zimwe ikaze i Niamey tariki ya 8 Kanama.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Perezida Ndayishimiye yasabye ahagiritse ubutegetsi bwa Niger kurekura Bazoum
    Byari byakozwe nta maraso amenetse. Mwabaretse ahubwo bamara kugarura ituze mu kabibabaza biciye mu biganiro koko. Abaturage bagiye kuharenganira Kandi byari bituje,hashobora gukoreshwa imbaraga bikarangira abo bashaka ko barekura bishwe, kandi nkeka ko batari muri geteza. France aho mwanyuze hose nta mutuzo, rwose ishatse yarekura kuko yarananiwe haba mu mashyi, haba mu mudiho. Hakoreshwe ibiganiro nibyanga mureke na bo bategeke. Abaturage se ko bigaragambya bashima bariya basirikare nimubakuraho ijambo rya bo rirajyahe? Ni bo batora. Murengere abaturage rwose.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *