P?erezida wa mbere ukuze mu myaka kurusha abandi muri Afurika akaba n’umwe mu bamaze imyaka myinshi ku butegetsi kuri uyu mugabane – Perezida Paul Biya wa Cameroun, ku cyumweru azizihiza imyaka 40 amaze ku butegetsi. K?u rwego rw’igihugu, hateganyijwe ibikorwa byo kwizihiza iyo sabukuru, ndetse abamushyigikiye barimo kwishimira ibyo yagezeho. R?uswa yabaye umuco ni yo kibazo gikomeye muri Cameroun, nkuko bivugwa na Akere Muna, wahoze ari umukuru w’umuryango urwanya ruswa Transparency International, uyu akaba yaranigeze kwiyamamaza ku mwanya wa perezida. Biya ntakozwa ibyo kuva ku butegetsi. Perezida Biya yabwiye abanyamakuru, ubwo yari avuye muri rumwe mu ngendo zimara igihe kirekire akorera mu mahanga, ko umuntu uwo ari we wese umwifuriza gupfa bizamusaba gutegereza indi myaka 20.


