Perezida wa Tanzania yasezeranyije Simba SC na Yanga amafaranga kuri buri gitego zizatsinda mu marushanwa nyafurika

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yemereye Simba SC na Young Africans zihagarariye Tanzania mu marushanwa nyafurika (CAF Champions League na CAF Confederations Cup) ko miliyoni 5 z’amashiringi ziteganyijwe kuri buri gitego zizatsinda.

Kuri uyu wa 14 Gashyantare 2023 ubwo yaganiraga n’itangazanakuru ryo muri Tanzania, Umuvugizi wa Leta ya Tanzania, Gerson Msigwa, ni bwo yatanze ubwo butumwa.

Gerson Msigwa yagize ati: “Uyu munsi Perezida ubwe yavuze ko yemeye kuzatanga miliyoni 5 z’amashilingi kuri buri gitego kizatsindwa na Yanga cyangwa Simba mu marushanwa mpuzamahanga zirimo.”

Yakomeje avuga icyo Perezida ashaka ari intsinzi, ati “Perezida icyo yifurije aya makipe ni instinzi kuko ntabwo ikipe yatsinda ibitego 3 cyangwa 4 ariko yo igatsindwa 7 ngo twishime. Perezida arashaka ko babona amanota atatu yo mu rugo hanyuma basigare bahanganye n’ayo hanze.”

Uyu muvugizi kandi yagarutse ku mishinga myiza Perezida afitiye igisata cy’imikino, nko gushora mu bikorwaremezo nk’amasitade byanatuma Tanzania yakira imikino y’igikombe cya Afurika, ko kandi na Arena nziza abaturage batahwemye gusaba iri mu nzira.

Ibi bije nyuma y’uko tariki ya 11 na 12 Gashyantare, Simba SC na Yanga zatsinzwe imikino ibanza y’amatsinda muri aya marushanwa. Imwe yatsinzwe na Horoya FC igitego kimwe ku busa, indi itsindwa na US Monastir ibitego 2-0.

Tariki ya 18 Gashyantare 2023, Simba SC ihagarariye Tanzania muri CAF Champions League izakira Raja Casablanca yo muri Morocco naho tariki ya 19 Gashyantare, Yanga SC ibahagarariye muri CAF Conferation Cup yakire TP Mazembe yo muri Repubulika iharananira Demukarasi ya Congo (RDC).

Iki si cyo gikorwa gusa Perezida wa Leta ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan akoze kikereka abantu ko akunda imikino, kuko yagiye anagaragara kenshi muri sitade ashyigikira amakipe yo muri Tanzania.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *