Perezida wa Tanzania yirukanye abayobozi bahombeje Leta miliyoni 250 z’amadolari

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yirukanye mu kazi abayobozi bose mu rwego rushinzwe imihanda ya gari ya moshi, TRC, n’uw’urwego rushinzwe ubwikorezi bwo mu kirere, TGFA, nyuma y’aho bigaragaye ko bahombeje Leta miliyoni 250 z’amadolari.

Mu minsi ishize, Umugenzuzi w’Imari ya Leta yashyize hanze raporo y’ubugenzuzi y’umwaka w’2021/2022, agaragaza ko amasezerano y’iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi ugezweho, SGR, atakozwe mu nyungu z’igihugu.

Umugenzuzi yagaragaje kandi ko TRC yanze gutanga isoko ryo kugura za gari ya moshi ku madolari miliyoni 263.4, ahubwo ijya kwishyura amadolari miliyoni 478 ku ritubahirije amategeko. Aha yagaragaje ko Leya yahahombeye miliyoni 215.

Nk’uko ikinyamakuru Nation kibivuga, raporo y’Umugenzuzi Mukuru igaragaza ko kubera kutubahiriza amategeko kw’aya masezerano, TRC yahombeje Leta andi madolari miliyoni 6.

Kuri TGFA, Umugenzuzi Mukuru yagaragaje ko uru rwego rushinzwe ubwikorezi bwo mu kirere rwagombaga kugura indege yikorera imizigo ku madolari miliyoni 37, ariko rwabirenzeho rwishyura amadolari miliyoni 86. Aha Leta yahombye miliyoni 29.

Nk’uko bigaragara mu ibaruwa yashyizweho umukono n’Umuvugizi wa Perezida wa Tanzania, Zuhura Yunus, kuri uyu wa 9 Mata, uyu Mukuru w’Igihugu yasheshe inama y’ubutegetsi yose ya TRC, yirukana na John Nzulule wari Umuyobozi Mukuru wa TGFA kubera iki gihombo inzego zombie zateje Leta.

Perezida Samia yasabye Umunyamabanga Mukuru gusaba abandi bayobozi gusoma raporo y’Umugenzuzi Mukuru, hanyuma bagakemura ibibazo igaragaza kandi ngo abakoze nabi bose bagomba gukurikiranwa hashingiwe ku biteganywa n’amategeko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *