Igikorwa cyo gusimbuza itsinda rya mbere ry’abapolisi b’u Rwanda bari basanzwe mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo (UNMISS) cyarangiye ku itariki ya 8 Ugushyingo.
[ad id=”44145″]
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe amahugurwa n’ubushakashatsi muri Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) Vianney Nshimiyimana mu izina ry’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda niwe wayoboye igikorwa cyo gusezera no kwakira abapolisi bagiye n’abavuye mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali.
[ad id=”44145″]
CP Nshimiyimana, ubwo yakiraga abapolisi bagarutse mu Rwanda yagize ati:” inshingano mwari mufite zo kubungabunga amahoro, ituze n’umutekano usesuye muzazikomereza hano iwanyu mu gihugu, tubashimiye uko mwitwaye neza mu kazi”.
Yagize ati:” imyitwarire myiza iranga inzego z’umutekano niyo nkingi ituma twuzuza neza inshingano zacu, kandi mboneyeho n’umwanya wo gushimira aba bapolisi barangije akazi ko mu butumwa bw’amahoro kubera ko bitanze bagahesha isura nziza igihugu cyabo ndetse bagafasha n’abaturage ba Sudani y’Epfo”.

Yagize ati:” mu bikorwa byo kubungabunga amahoro, twakoze ubukangurambaga no kwigisha ubumwe kuko twari dufite ubunararibonye kubera amacakubiri yari yarabaye mu gihugu cyacu. Kubera ibyo twaciyemo rero ; twifashishije ayo mateka maze tubakangurira ko ari bamwe kandi ko bakomeza kuba umwe”.
[ad id=”44145″]
Yakomeje agira ati:“ Iyo uri mu kazi ko ku rwego mpuzamahanga nka kariya, uhura n’abantu benshi bafite imico itandukanye baturutse mu bihugu binyuranye kandi mugakorana neza. Ndahamya ko ubu bumenyi twahungukiye buzafasha buri wese gukomeza gukora neza, aho ariho hose, kandi mu bihe ibyo aribyo byose”.
Kugeza ubu Polisi y’u Rwanda ifite abapolisi bagera ku 1000 mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu bihugu bitandukanye. Abarenga 800 bakaba bari mu matsinda atanu (FPU) harimo atatu ari muri Centrafrika mu gihe irindi tsinda rimwe riri mu gihugu cya Haiti.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


