Polisi y’u Rwanda yatangiye imikino ya EAPCCO yihaniza iy’u Burundi

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yatsinze iy’u Burundi ibitego 3-1, mu mukino w’irushanwa rya Eastern Africa Police Chiefs Cooperation Organization (EAPCCO) rihuza Polisi zihuriye muri uyu muryango riri kubera i Kigali.

Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino ufungura iri rushanwa mu mupira w’amaguru wabereye kuri Stade yitiriwe Pele i Nyamirambo.

Polisi y’u Rwanda yari ihagarariwe na Police FC, mu gihe iy’u Burundi ihagarariwe n’ikipe ya Rukinzo FC.

Byasabye umunota wa gatanu w’umukino ngo rutahizamu Hakizimana Muhadjili afungurire Police FC amazamu, mbere y’uko Rukinzo FC yishyura iki gitego ku munota wa 29 w’umukino biciye kuri Hakizimana Titi.

Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.

Police FC nyuma yo kotsa igitutu Rukinzo FC, yongeye kuyobora umukino ku munota wa 65 w’umukino ibifashijwemo na rutahizamu Mugisha Didier; mbere y’uko Kayitaba Jean Bosco atsinda agashinguracumu ku munota wa 79 w’umukino.

Kuri ubu ibihugu umunani birimo Uganda, Tanzania, u Burundi, Ethiopia, Kenya, Sudani y’Epfo, Sudani n’u Rwanda ni byo byitabiriye mikino ya EAPCCO izasozwa ku wa 27 Werurwe.

Ni imikino yitabiriwe n’ababarirwa mu 1,000.

Iyi mikino irimo gusiganwa ku maguru, Iteramakofe, Kumasha, Ruhago, Kurasa, Basketball, Handball, Judo, Karate, Taekwondo, Netball, na Volleyball.

EAPCCO isanzwe ari umuryango ushinzwe kubahiriza amategeko, uhuza ibihugu 14 byo mu karere washinzwe mu 1998 hagamijwe guhuza imbaraga za Polisi mu gukemura ibibazo by’umutekano bishamikiye ku byaha ndengamipaka.

Imikino ni imwe mu bishyirwamo imbaraga n’ibihugu bigize uyu muryango hagamijwe guhuza inzego zishinzwe kubahiriza amategeko mu karere mu rwego rwo gushyira mu bikorwa intego zawo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *