Qatar yashyizeho igifungo cy’imyaka itatu ku muntu utambaye agapfukamunwa

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe mu bihugu bitandukanye hari abaturage bakomeje kugaragaza kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus cyugarije isi cyane cyane kwambara udupfukamunwa, Guverinoma ya Qatar yashyizeho igihano gikakakaye ku muntu uzafatwa atambaye agapfukamunwa ku butaka bw’iki gihugu aho agiye kujya ahanishwa igifungo cy’imyaka itatu ndetse n’amande y’amafaranga.

Ibihugu bitandukanye ku isi byashyizeho gahunda yo kwambara agapfukamunwa nk’imwe mu ngamba z’ingenzi zifasha kwirinda iyi ndwara. Agapfukamunwa kandi kemezwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS aho nibura bivugwa ko karinda kwandura ku kigero cya 60%.

Igihugu cya Qatar nka kimwe mu byazahajwe n’icyorezo cya Covid-19 ugereranyije n’uburyo kingana cyashyizeho igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu no kwishyura amande angana n’ibihumbi $55000 ku muntu uzajya agaragara mu ruhame atakambaye.

Qatar ni igihugu gituwe n’abaturage bangana na miliyoni 2.7 kikaba gitangaza ko abarenga 32,600 banduye Covid-19, uyu ukaba ari umubare munini ugereranyije n’umubare w’abanyagihugu bose ku rutonde kikaba icya 22 ku isi mu bihugu bifite abarwayi benshi ba Covid-19.

Iki gihugu cyiyongereye ku bindi bihugu nka Morocco na Kuwait nabyo byashyizeho igihano cyo gufungwa ku muntu wishe ibwiriza ryo kwambara agapfukamunwa aho afungwa amezi atatu n’ihazabu y’amafaranga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *