Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo rwafunguye, kuri uyu wa Mbere ushize, itariki ya 3 Ukwakira 2022, muri Gereza ya Gisirikare ya Ndolo, urubanza rw’ubujurire rw’abahamijwe kwica impuguke ebyiri z’Umuryango w’Abibumbye, UmunyaSuwede Zaida Catalán n’Umunyamerika Michael Sharp, bishwe ku ya 12 Werurwe 2017, mu Ntara ya Kasai yo Hagati .
51 baregwa, barimo abahoze ari abarwanyi ba Kamwina Nsapu, bahamwe n’icyaha cy’iterabwoba, ibyaha by’intambara bakoresheje gutemagura, ubwicanyi, kugira uruhare mu myivumbagatnyo, maze bakatirwa urwo gupfa n’Urukiko rwa Gisirikare rwo mu ntara yahoze ari intara ya KasaĂŻ Occidentale mu rubanza rwaciwe ku ya 29 Mutarama 2022.
Colonel DieudonnĂ© Mambweni yakatiwe igifungo cy’imyaka icumi. Abantu babiri bagizwe abere. Abandi baregwa babiri bafatwaga nk’abana bato mu gihe icyaha cyakorwaga maze urubanza rwimurirwa mu rukiko rw’abana nk’uko tubikesha Mediacongo.net.
Kubera ko igihano cy’urupfu kitagikoreshwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuva mu 2003, iki gihano cyahinduwemo igifungo cya burundu.
Nyuma yo kutanyurwa n’imikirize y’urubanza, abakatiwe barajuriye. Iburanisha ryo ku wa Mbere, itariki 3 Ukwakira ryahariwe kumenya abaregwa. Mu bantu 55 bavuzwe muri uru rubanza, 28 gusa ni bo bitabye Urukiko, barimo ushinjwa mukuru, Colonel Dieudonné Mambweni Lutete.
Abaregwa ariko basabye guhabwa ibyumweru bitatu kugira ngo babanze basubire muri dosiye zabo neza mbere yo gutangira urubanza. Iburanisha ritaha riteganijwe ku wa Kane, itariki 27 Ukwakira 2022.
Michael Sharp na Zaida Catalan baburiwe irengero ku ya 12 Werurwe 2017, ubwo bari i Kasai bagiye gukora iperereza ku mva rusange zifitanye isano n’intambara yatangiriye muri ako karere nyuma y’urupfu rw’umuyobozi mukuru gakondo, Kamwina Nsapu. Iyi ntambara yahitanye abantu 3,400 naho ibihumbi icumi bata ibyabo hagati ya Nzeri 2016 kugeza hagti mu 2017.
Imirambo y’izi mpuguke zombi z’Umuryango w’Abibumbye yabonetse mu mudugudu nyuma y’ibyumweru bibiri, ku ya 28 Werurwe 2017. Bivugwa ko bishwe uwo munsi baburaga ku ya 12 Werurwe 2017 bishwe n’inyeshyamba za Kamwina Nsapu.
Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye yashyikirijwe akanama gashinzwe umutekano ariko yo ntiyemera ko aba bishwe n’izi nyeshyamba, ahubwo yemeza ko ari ubwicanyi bwateguwe kandi bwagizwemo uruhare na bamwe mu bo mu nzego z’umutekano za leta.


